in

RIP Misheck! Umusore akomeje kubabaza benshi nyuma yo kwitaba Imana ku isabukuru ye y’amavuko yagiye koga muri Pisine

Umusore ukomoka mu mujyi wa Lusaka muri Zambia, yatakaje ubuzima bwe,kuri iki cyumweru, nyuma ya saa sita, ubwo yizihizaga isabukuru y’imyaka 26.

Misheck Mutelo Lwendo yarohamye muri pisine yo muri Precious Moments Lodge mu gace ka Kamwala y’Amajyepfo ahagana mu masaha ya 13h00.

Nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wungirije wa Polisi muri Zambiya, Danny Mwale, nyuma yo kunywa inzoga mu birori byo kwizihiza isabukuru ye y’amavuko, nyakwigendera yahisemo kujya koga muri pisine.

Ati: “Nyuma yo kubona ko yatinze kuva mu mazi, inshuti ze zabimenyesheje abashinzwe umutekano bahita batabara.

Umurambo wwe wavumbuwe mu ndiba ya pisine.”

Mwale yavuze ko abapolisi basuye aho hantu bemeza ko nta bugizi bwa nabi bundi bwahabaye.

Written by M.Ben

Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza twandikire. I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Iyo bari kubavuga baba bisekera! Videwo ya The Ben na Coach Gael bahuje urugwiro bari guseka abantu bamaze iminsi bashaka kubateranya ikomeje gutangaza benshi

Bruce Melodie nyuma yo gukorerwa ibintu bidasanzwe nawe yahise akorera igikorwa kidasanzwe bamwe mu baturage batuye mu Karere kagize u Rwanda