in

RIB yataye muri yombi Rukundo Félicien na murumuna we Kanyabashi Jean Claude batemaguye umurinzi wa Pariki y’Igihugu ya Nyungwe

Abasore 2 bavukana, Rukundo Félicien w’imyaka 31 na Kanyabashi Jean Claude wa 25, bo mu Mudugudu wa Bururi, Akagari ka Banda, Umurenge wa Rangiro, Akarere ka Nyamasheke, batawe muri yombi bakurikiranyweho gutema umurinzi wa Pariki y’Igihugu ya Nyungwe wabafashe bayahiramo ubwatsi bw’inka.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rangiro Habimana Alfred, yabwiye Imvaho Nshya dukesha iyi nkuru ko ubwo abo basore bombi bajyaga kwahira ubwatsi muri Pariki ku Cyumweru tariki ya 29 Ukwakira, basanzemo abakozi bane bashinzwe kurinda Pariki (Eco-Rangers).

Hari mu masaha ya saa mbiri n’igice za mugitondo ubwo umwe muri abo barinzi witwa Mujyenama Thomas yabafatiraga mu cyuho bagashaka kwiruka agahita ahamagara bagenzi be bakabafata ndetse bakanababaza impamvu binjiye mu cyanya gikomye kandi bibujijwe n’amategeko.

Umwe muri abo basore yashatse kwiruka maze Mujyenama ahita amusingira aramufata ngo adacika, ariko wa musore ahita amutema aranamukomeretsa.

Gitifu Habimana yagize ati: “Umwe muri abo basore yashatse kwiruka no kurwanya aba barinzi ba Pariki, Mujyenama aramufata ngo adacika, uwo musore wari ufite akuma bahiza ubwatsi kitwa Nanjoro akamutemesha ku kuguru kw’iburyo aramukomeretsa bikomeye, undi nubwo yaviriranaga amaraso aramukomeza kugeza bagenzi be bamumufashije baramugumana.”

Avuga ko ubwo Inzego z’umutekano zahageraga uwakomerekejwe yahise ajyanwa mu Bitaro bya Kibogora ngo yitabweho n’abaganga, abandi bashyikirizwa RIB Sitasiyo ya Kanjongo kugira ngo bakurikiranweho ibyaha birimo kwangiza icyanya gikomye no gukomeretsa ushinzwe umutekano.

Written by M.Ben

Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza twandikire. I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Impamvu barira niyi: Bruce Melodie adaciye ku ruhande yahishuye impamvu bamwe mu basitari nyarwanda baririra mu ruhame avuga n’impamvu we atajya aririra mu maso ya rubanda

Igisambo cyafashwe kiri kwiba kawunga gishaka gutera icyuma umupolisi ahita akirasa