in

Nyuma yo guhesha inota rimwe u Rwanda, umukinnyi w’Amavubi yongeye gukora agashya agarukwaho n’isi yose

Umunyarwanda ukinira Lille U19, Hakim Sahabo yaraye afashije iyi kipe gutsinda PSG U19 muri shampiyona maze igitego agitura Nyirakuru uheruka kwitaba Imana.

Hakim ukina mu kibuga hagati ariko asatira, yari kumwe n’ikipe y’igihugu Amavubi yanganyije na Benin 1-1 muri Benin, igitego cy’Amavubi kikaba cyaratsinzwe na Mugisha Gilbert ku mupira yari ahawe na Sahabo.

Uyu mukinnyi ntabwo u Rwanda ruzaba rumufite ku mukino wo kwishyura uzaba ku wa Gatatu i Kigali kuko yabonye ikarita itukura agahita asubira mu Bufaransa.

Ejo hashize ikipe ya Lille y’abatarengeje imyaka 19 yakinaga na Paris Saint-Germain y’abatarengeje imyaka 19.

Lille U19 yaje gutsinda uyu mukino igitego kimwe ku busa bwa PSG U19, iki gitego kikaba cyaratsinzwe na Hakim Sahabo.

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram ahajya ubutumwa bumara amasaha 24, Sahabo yashyizeho ifoto yishimira iki gitego agaragaza umupira yambariyemo imbere uriho ifoto ya Nyirakuru, yaherekejwe n’amagambo amwifuriza kuruhuka mu mahoro.

Ati “kugarukwa kwiza nyuma yo kuva mu ikipe y’igihugu. Nyogokuru ruhukira mu mahoro.”

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Cristiano Ronaldo yongeye kwandika amateka atarakorwa nundi mukinnyi ku Isi

Umuhanzi Adele yatunguye abafana be abakorera ikintu cyatumye bazajya bahora bamwibuka