in

Ntibisanzwe: Umwana yavutse afashe agapira ko kuboneza urubyaro (AMAFOTO)

Umugore wo muri Leta Zunze Ubumwe za America muri Leta ya Idaho yabyaye umwana afite mu ntoki  agapira ko mu mura k’abagore ko kuboneza urubyaro (IUD) ,uyu mugore yari yashyizwemo ubwo yabonezaga urubyaro.

Uyu mugore yavuze ko yashakanye n’umugabo we witwa  John Francis  ubwo bari bafite imyaka 19 ariko kandi bashakana badashaka guhita bibaruka ,biyemeza kujya kuboneza urubyaro ,uyu mugore bamushyiramo agapira ko mu mura kazwi cyane mu magambo y’impine nka IUD (Intra-Uterine Device) kaba kameze nk’inyuguti ya T ko kumurinda gusama.

Gusa ngo nyuma y’ibyumweru 2 yatangiye kumererwa nabi ariko ntiyite kukuba atwite kuko yumvaga yashyizwemo ako gapira ,ariko yiyemeza gufata ibimenyetso ngo arebe niba yarasamye asanga yarasamye.

Kuko yumvaga umwana ntacyo amutwaye yiyemeje kubyara gusa ngo abaganga nawe ubwe  batungurwa no gusanga umwana we avutse apfumbase aka gapira mu ntoki ze.

Daily Maily dukesha iy’inkuru ivuga ko icyatunguranye cyane ari ukuba uyu mwana yavutse apfumbase aka gapira ariko kandi ko  ubundi umuntu 1 ku 100 baboneza urubyaro bakoresheje aka gapira birangira basamye .

Umwana yavukanye agapira kko mu mura kazwi nka IUD
Umwana yavukanye agapira kko mu mura kazwi nka IUD
Nyina yari yaboneje urubyaro akoresheje ako gapira kuko yashatse ari muto adashaka guhita abyara
Nyina yari yaboneje urubyaro akoresheje ako gapira kuko yashatse ari muto adashaka guhita abyara

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Ufite abana beza pee! Ifoto ya Anita Pendo ari kumwe n’abahungu be yakoze ku mitima ya benshi harimo n’ibyamamare bitandukanye hano mu Rwanda

Videwo: Umuherwekazi hano mu Rwanda Kate Bashabe yazamuye ijwi hejuru yishimira umunsi w’Intwari