in

Ndimbati yihaye ibyo gutandaraza aratanyuka: Ndimbati yakirijweho umuriro nyuma yo kwamamariza inganda 2 zenga inzoga 

Ndimbati yihaye ibyo gutandaraza aratanyuka: Ndimbati yakirijweho umuriro nyuma yo kwamamariza inganda 2 zenga inzoga.

Umwuka mubi hagati ya Uwihoreye Jean Bosco uzwi nka Ndimbati n’uruganda rwenga inzoga rwa Sky Drop Industries rwamubonye yamamaza izindi nzoga muri Tour du Rwanda 2023 kandi nabo bagifitanye amasezerano y’imikoranire.

Uyu mwuka mubi wazamutse nyuma y’uko Ndimbati agaragaye muri Tour du Rwanda 2023 mu myambaro ya Ingufu Gin Ltd no mu bikorwa byamamaza iki kinyobwa kandi hari ikindi abereye “Brand Ambassador” mu gihe cy’amezi atandatu.

Mu mpera z’Ukuboza 2022 nibwo yasinye amasezerano, ahabwa inshingano zo kwamamaza ibinyobwa by’uru ruganda rwa Sky Drop Industries ruherereye mu Karere ka Bugesera.

Ubuyobozi bw’uru ruganda buvuga ko bwatunguwe no kubona Ndimbati yamamaza ibikorwa by’urundi ruganda rwenga ibinyobwa bimeze nk’ibyabo kandi bihabanye n’amasezerano bagiranye.

Ndimbati yatangarije ko hari impamvu zabimuteye n’ubwo atashatse kuzitangaza ariko yemera ko agiye kuganira n’uru ruganda abereye Brand Ambassador bagasuzuma iby’iki kibazo.

Ntabwo higeze hatangazwa agaciro cyangwa ibikubiye mu masezerano yagiranye n’urwo ruganda baheruka gusinyana.

Hano ni mu myenda n’inzoga za Sky Drop Industries.
Naho aha ni muri Tour Du Rwanda yamamaza uruganda rwa Ingufu Gin.

Written by Moïse Habanabashaka

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it : +250734523889 or +250789079952

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Dore uko urutonde rwa shampiyona ruhagaze nyuma y’umunsi wa 21 ruyobowe na APR FC

Amafoto : Umukinnyi wa filime ukunzwe mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko