in

Musore, iyi myitwarire nuyibona ku mukunzi wawe uzamenye ko yakwishimiye cyane ntakabuza.

Burya iyo umuntu yagukunze hari ibimenyetso ashobora kugaragaza niyo yaba atavuze, ukabikwereka mu marenga nkuko tugiye kubireba muri iyi nkuru.

Ibi ni byo bintu 5 byakwereka ko umukobwa yishimiye ikiganiro muri kugirana:

1.Azakubaza ibibazo byihariye ku buzima bwawe

Umukobwa wishimiye ikiganiro ari kugirana n’umusore uzamubwirwa n’uko atangiye kukubaza ibintu byihariye ku buzima bwawe. Ashobora kukubaza ku nzozi ufite, ku bintu utigeze ubwira undi muntu wese cyangwa akubaze ibijyanye n’aho ukomoka n’ibindi byose bikuri ku mutima utigeze umubwira mbere.

2.Agukorakora ku ntoki

Nubona umukobwa muri kuganira atangiye kugukorakora mu biganza byawe uzamenye ko yishimiye ibyo muri kuganira. Akenshi ku mukobwa biramugora kubwira umuhungu ko yamwishimiye bityo agahitamo kumukorakora ku ntoki kugira ngo umuhungu nawe abyibwire.

3.Aseka buri kanya

Ikintu cya mbere kizakwereka ko umukobwa yishimiye ikiganiro ari kugirana n’umusore ni uko aseka bya buri mwanya ku bintu byose uri kumubwira. Ushobora kuba utari kuvuga ibintu bisekeje, gusa ukabona arasetse. Burya ni bwo buryo akoresha akwereka ko yakwishimiye n’ubwo atakwerura ngo abikubwire.

4.Akubwira ibintu utari usanzwe umuziho

Ikindi kimenyetso kindi simusiga kizakwereka ko umukobwa yakwishimiye muri kuganira ni uko azatangira kukubwira byinshi ku buzima bwe utari usanzwe uzi. Azakubwira nko ku bintu yaciyemo byamubabaje cyangwa byamushimishije, mbese azagufungurira umutima we.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Zari Hassan yaciye agahigo gakomeye kamugize umugore wa kabiri muri Afurika y’i Burasirazuba.

Ibintu bitangaje ushobora kuba utari uzi ku kiyaga cy’urupfu||ikintu cyose kihageze gihinduka ibuye.