in

Mu Rwanda : umusaza w’imyaka 63 yafashwe akorera ibya mfura mbi umwuzukuru we

Umusaza w’imyaka 63 yafashwe arakekwaho gusambanya ku gahato umwuzukuru we w’imyaka 8 y’amavuko.Uyu musaza akaba akomoka Murenge wa Gitoki, Akarere ka Gatsibo .

Ibi bikaba byarabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 31 Gicurasi 2022.Umugore w’uyu musaza akaba ari we wamwifatiye nijoro arimo gukorera ibya mfura mbi uyu mwuzukuru wabo.Uyu mukecuru yatangaje ko bijya gutangira uyu musaza yashatse kurwana ku mugoroba,bituma uyu mukecuru amuhunga ajya kwiraranira n’abana.Bigeze nijoro nibwo uyu musaza yaje akubita urugi rw’icyumba barimo arabinjirana ,ari nabwo yahise aryama inyuma y’uwo mwana amukuramo imyenda akora ayo mahano.

Mu magambo ye yagize ati:’‘Ibintu byatangiye guhera nimugoroba ashaka kurwana nkoresha uburyo bwose ndamuhunga nisangira abana aho barara mu ruganiriro. Naryamye mu ntebe noneho aza gukingura urugi akoresheje imigeri ariko naramwumvaga n’uko arakabakaba asanga aho abana baryamye aryama inyuma y’ako kana agakuramo imyenda n’ikariso noneho nawe avanamo ibintu bye.Nahise mbwira umwana nti ‘cana itara we twatewe’. Acanye itara nsanga uwo musaza akari inyuma arimo aragatsindagiramo ibintu bye. Nahise nsaba inkoni ndamukubita abana baramunyambura ndimo kumukubita mpita mvuga ngo sinareka kubibwira abantu.”

 

src:BTNTV

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Paul Pogba ibye byamenyekanye, Man U yiteguye gukora ibitangaza.

Harmonize ashyize ku rundi rwego iby’urukundo rwe n’umukunzi we batandukanye