in

Mu Rwanda: ibyabaye ku mujura wibye amafaranga y’umuvuzi gakondo ni akumiro

Mu karere ka Rusizi haravugwa inkuru itangaje y’umuvuzi gakondo wagaruje amafaranga ye yari yibwe n’umusore akoresheje imbaraga ze zidasanzwe.

Amakuru avuga ko uyu muvuzi gakondo yitwa Dr. Kigoma wo mu Gisaka, yari mu Mujyi wa Rusizi agiye kugira icyo agura muri alimentation, ashatse amafaranga ngo yishyure arayabura, asanga bayibye.

Ako kanya yahise akora ku miti ye, avuga ko agiye guhamagara uwamwibye. Umujura yahise aza yiruka ataka ashakisha uwo yibye ngo amusubize ibye.

Dr. Kigoma yagize ati “Nashatse amafaranaga ndayabura nsanga ikofi bayibye harimo ibihumbi 12 Frw n’andi mafaranya ya Congo ibihumbi 10, kubera ko Abanya-Gisaka batibwa, mpita nkora ku miti nkoresha abantu bambwira ko igisambo kiri gutaka ndahagera umujura ampa ibyanjye.”

Ababonye uriya mujura, bavuga ko akimara gutanga ikofi y’abandi yagiye yahise ashima Imana yamukoreye ibitangaza kuko yumvaga nta mahoro afite.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Mu mvura nyinshi Kiyovu Sports yigaritse ikipe ya Espoire Fc

Matchday live : As Kigali vs APR FC