in

Kiliziya Gatolika yemereye abihinduje igitsina kubatizwa no kubyara muri Batisimu

Pope Francis waves as he leaves after attending his weekly general audience in St. Peter's Square at The Vatican, Wednesday, Sept. 27, 2023 .(AP Photo/Riccardo De Luca)

Kiliziya Gatolika yemereye abihinduje igitsina kubatizwa no kubyara muri Batisimu.

Ni icyemezo kije gikurikira ibiherutse gutangazwa n’Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis, wavuze ko abaryamana n’abo bahuje ibitsina, abatinganyi, bibumbiye mu Muryango LGBT, batagomba guhezwa muri Kiliziya.

Muri Nyakanga 2023, Papa Francis yabwiye umutinganyi ko ‘n’ubwo turi abanyabyaha, we [Imana] aduhora hafi kugira ngo adufashe’.

Ku wa Gatatu, tariki 8 Ugushyingo 2023, itangazo rya Vatican ryashyizweho umukono na Cardinal Víctor Manuel Fernández, rivuga ko abihinduje ibitsina bemerewe kubatizwa.

Abo barimo n’abagiye kwihinduza imiterere yabo nk’uwari usanzwe ari umugabo akibagisha agahinduka umugore. Bose ngo bagomba gufatwa nk’abandi bakirisitu mu bijyanye n’amasakaramentu.

Ku rundi ruhande ariko, BBC dukesha iyi nkuru itangaza ko Papa Francis abona kuryamana n’uwo muhuje igitsina nk’icyaha ndetse ngo Kiliziya Gatolika ntiyakwemera gusezeranya abahuje ibitsina.

Written by M.Ben

Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza twandikire. I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Niba wabikoraga bicikeho! Polisi y’u Rwanda yatangaje ko igiye kujya ifunga abantu bose bateza urusaku ndetse n’abasengera ahantu hatemewe

Yaka Mwana ashobora kumara iyi myaka yose muri gereza azize kamere ye mbi