in

Kigali; bahangayikishijwe n’abajura biba imva bakazisiga zasamye imibiri iri ku musozi

Abafite ababo bashyinguye mu irimbi ryuzuye rya Nyagatovu mu Murenge wa Kimironko, ho mu Karere ka Gasabo, bahangayikishijwe n’abajura baza kwiba ibyuma byubatse imva (fer à béton) zitwikiriye imva maze bakazisiga zasamye.

bamwe mu baganiriye na Kigali Today dukesha aya makuru, bavuga ko bababazwa no gusanga imva sishyinguyemo ababo zirangaye.

Umubyeyi witwa Alexia wari wazanye n’umuryango we kwibuka umugabo we uharuhukiye, na we yagize ati “Twaje kwibuka umugabo wanjye uruhukiye hano. Umwaka ushize twaraje dusanga barasenye batwara ferabeto ariko kuko tuza buri mwaka turongera tukahubaka kugira ngo hadakomeza harangaye”.

Undi uvuga ko Nyirarume ahashyinguye kuva mu mwaka wa 2000 yagize ati “Iri ryari irimbi rikomeye, twishyuraga amafaranga menshi ku buryo n’ubwo uwo rwiyemezamirimo yaba atakihakorera, bari bakwiye kuhacungira umutekano, dore ni ibihuru gusa. Ubundi aha aba ari ubuturo bwa nyuma bw’umuntu, bari bakwiye kuharinda ndetse hagakorerwa amasuku”.

Uwitwa Mbonyumugenzi Télesphore yagize ati “Nta mutekano dufite, abaza kwiba hano ku irimbi natwe baratwiba. Duhangayikishijwe n’umutekano muke uhari.

Written by Geovanis

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it : +250 781 375 290

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Aline Bijoux yiyamye abakwije ibihuha ku gutandukana kwe na Lionel.

Shadiboo niwe abandi ba slay queen bagenderaho ( role model).