in

Kenny Sol wari wugarijwe n’umubyibuho yawuvugutiye umuti kuko ibyo wari uri kumukorera atari iby’i Rwanda (AMAFOTO)

Kenny Sol yahishuye ko agiye kumara ibyumweru birenga bibiri ari gukora siporo ubudasiba mu guhangana n’umubyibuho wari umaze iminsi waramuzonze ku buryo yanagorwaga no kubyina ari ku rubyiniro.

Ibi uyu muhanzi yabigarutseho ubwo IGIHE yamusuraga aho yakoreraga siporo muri Platinum Gym i Rebero.

Uyu muhanzi yavuze ko nyuma yo kutiyitaho ngo akore siporo mu buryo buhoraho yatangiye kugira umubyibuho wari utangiye kumugiraho ingaruka ari nayo mpamvu yiyemeje kuwurwanya.

Ati “Nari ntangiye kuba umunebwe, kuko nari maze igihe kinini ndi gutegura ibintu byanjye, gusa nza gusanga nta mpamvu nasubira inyuma.”

Mu myitozo ari gukora, Kenny Sol yavuze ko agamije kugabanya ibiro no kubaka umubiri ku buryo bugaragara agabanyije ibinure.

Kenny Sol ahamya ko mu minsi yashize yari yatangiye kugira ubunebwe yaterwaga no kudakora siporo.

Written by M.Ben

Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza twandikire. I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Yigize ikirara! Ifoto ya Yolo The Queen yambaye nk’ibirara bitobora bank ikomeje kubica ku mbuga nkoranyambaga. 

Aha ni i Kigali! Inzu igiye kuba iya mbere ndende mu Rwanda ikomeje gutangaza abatari bake (AMAFOTO)