in

Inzu yubakiwe Ntacyombonye w’i Rubavu kubera atishoboye ikomeje guteza inkeke ko ishobora kumugwaho itamaze kabiri

Inzu yubakiwe Ntacyombonye w’i Rubavu kubera atishoboye ikomeje guteza inkeke ko ishobora kumugwaho itamaze kabiri.

Mu gusoza amarushanwa y’ubukangurambaga kw’isanamitima ndetse hanatahwa inzu yubakiwe Ntacyombonye Daphrose.

Iyi nzu yubakiwe uyu mubyeyi, yateje impagarara ku mbuga nkoranyambaga kubera ukuntu imeze.

Ubwo hatahwaga iyi nzu, Umuyobozi w’akarere ka Rubavu w’agateganyo, yijeje uwubakiwe ubufasha bwo kwiteza imbere kuko inzu nziza ari icyo uyiririyemo.

Iyi nzu ya Ntacyombonye yubatswe mu bukangurambaga kw’isanamitima bigizwemo uruhare n’ Umuryango Duhumurizanye Iwacu Rwanda ku bufatanye n’urubyiruko rw’abakorerabushake.

Ubwo ifoto y’iyi nzu yasohokaga ku kinyamakuru UMUSEKE, abayibonye ntibayakiriye neza aho bavuze ko iyo nzu yubakiwe Ntacyombonye izamugwaho aho kumuhisha.

Ifoto y’inzu

Ntacyombonye Daphrose wubakiwe inzu yavuze ko ubuzima bwe bukomeje guhinduka, kubera ko atakirara anyagirwa n’imvura.

Nzabonimpa Deogratias umuyobozi w’akarere ka Rubavu w’agateganyo avuga ko kuba uyu muturage yashyikirijwe inzu ngo abashe gutura heza bidahagije ko agiye kugezwaho n’ibindi bigenerwa abatishoboye kugirango yiteze imbere.

IBYAVUZWE KURI IYO NZU

Written by M.Ben

Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza twandikire. I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.

Subscribe
Notify of
guest
1 Comment
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments
Cyprien munyaneza
Cyprien munyaneza
11 months ago

Barabeshya ubu se umuyobozi uretse kuba yarisebeje koko ubwo nawe yagiye gutaha ino n’ai cyangwa yatumye undi muntu sinzi ko n’a nyumbakumi yataha ino n’ai rwose pe aba nibo bayobozi twibonera muri rubavu twarakubiswe

Last edited 11 months ago by Cyprien munyaneza

Uyu munsi ni mu Rwanda hose! Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iteganyagihe cyaburiye abaturarwanda bose nyuma yo gutangaza uko ikirere cyo mu Rwanda kiraba kimeze kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Nzeri

KNC yabajyanye ku ishuri! Abakinnyi ba Gasogi United basubiye ku ntebe y’ishuri – AMAFOTO