in

Inkuru y’aka kanya: Mike Karangwa yareze M.Irene muri RIB||Dore ibyo amurega.

Mu minsi yashyize nibwo habaye guterana amagambo gukomeye hagati ya Mike Karangwa na M.Irene ,aho byavugwaga ko uyu Mike ari we wagize uruhare mu itandukana rye n’abahanzikazi Vestine& Dorcas yafashaga.Kuri ubu Mike Karangwa yamaze gutanga ikirego cye muri RIB.

Mike Karangwa umwe mu bantu bazwi cyane mu myidagaduro y’u Rwanda yashyizwe mu majwi n’umunyamakuru Irene Murindahabi (M.Irene) ubwo yavugaga ku itandukana rye na Vestina na Dorcas.Aho Mike Karangwa yashinjwa ubugambanyi na M.Irene.Mu butumwa bwanyujijwe kuri Twitter na Samuel B Baker bugaragaza ko RIB yamaze kwakira ikirego cya Mike Karangwa amushinza gukwirakwiza ibihuha byamuviriyemo gusebywa ,guhohoterwa, guterwa ubwoba, ndetse akandagazwa hifashishijwe imbuga nkoranyambaga.

Ubwo butumwa bugira buti”:Nyuma y’amakimbirane maremare hagati ya @mikekarangwa & @Mulindahabirene, @RIB_Rw yemeza ko yakiriye ikirego cya Karangwa gishinja Murindahabi gukwirakwiza ibihuha ku mbuga nkoranyambaga bikamuviramo guterwa ubwoba, guhohoterwa, gutukwa na rubanda no gutakarizwa ikizere”

 

Abantu benshi bagarutse kuri ubu butumwa ndetse baragazagaza ko ubanza ibintu bigiye gufata indi ntera nubwo bamwe bemezaga ko RIB izafasha M.Irene na Karangwa kwiyunga.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Byiringiro Lague wari waragiye mu Busuwisi ibye byajemo kidobya.

Ibi nibyo bintu by’ingenzi abasore b’iki gihe basigaje bakunda cyane ku bakobwa.