in

Imana iyo iguhaye ntigusondeka! Umubyeyi wavukiye ku muhanda na we akahabyarira kabiri amashimwe ni yose

Tumukunde Jennifer wemeza ko yavukiye ku muhanda na we akahabyarira kabiri ndetse akagira ibyago byo kuhandurira virusi itera sida, yaremewe anahabwa inzu yo kubamo.

Uyu mubyeyi utazi inkomoko ye kuko atazi se cyangwa nyina, yahawe inzu yo kubamo ifite ibyumba bibiri n’uruganiriro, anahabwa ibyo kurya n’ibikoresho bitandukanye byo mu nzu, hamwe n’imyambaro ye n’iy’abana.

Ni inkunga yahawe n’ikigo cyigisha abantu batishoboye kugira imitekerereze ivuguruye ibaganisha ku iterambere rirambye, Priestmead Foundation, gikorera mu Karere ka Gicumbi.

Tumukunde uvuga ko yirariraga muri Gare ya Nyabugogo, ubu uri kuba mu Karere ka Gicumbi. Yishimiye ko yabonye abaterankunga bamukura mu muhanda, anashimangira ko we n’abana be ubu babayeho mu buzima bwiza.

Written by Epaphrodite Nsengimana

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250736426472

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Burya koko akanyoni katagurutse ntabwo kamenya iyo bweze: Rumaga yatangaje umukoro yahawe n’abanya Burayi

Umutoza bivugwa ko yumvikanye na APR FC yakoze igikorwa kerekana ko umwaka utaha w’imikino azaba atoza iyi kipe y’ingabo z’igihugu niyo hazamo izindi mbaraga