in

Ibitaro bya Muhororo byatanze umurambo utari wo biza kumenyekana waranashyinguwe

Ibitaro bya Muhororo byatanze umurambo utari wo biza kumenyekana waranashyinguwe

Mu Ukwakira 2021, ibitaro by’Akarere ka Ngororero bya Muhororo byavanze imirambo, ba nyiri umurambo baje kuwutwara bahabwa utari wo biza kumenyekana baramaze gushyingura. Ibi byagaragaye muri raporo y’Umugenzuzi mukuru w’Imari ya Leta y’umwaka warangiye kuwa 30 Kamena 2022.

Mu kugaragaza imitangire mibi ya sirivisi z’ibitaro bya Muhororo, bagaragaje ko byatanze umurambo utari wo bikamenyekana nyuma warashyinguwe.

Ubwo abayobora ibitaro bya Muhororo bari bitabye komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’Umutungo n’Imari ya Leta mu Nteko Ishinga Amategeko, PAC, kuri uyu wa 12 Nzeri 2023, Depite Mubalisa Germaine yabasabye gutanga ubusobanuro ku makosa bakoze, yatumye batanga umurambo utari wo, ababwira ko ibyo ari ikibazo ku baturage anababaza impamvu batamenya uwagize ibyago ngo bamuhe umurambo we.

Bakina Alex ushinzwe imari n’Ubutegetsi mu bitari bya Muhororo, yavuze ko ayo makosa yabayeho ariko basanze ari abakozi bagize uburangare, ati “Hari umuryango waje gufata umurambo, mu gihe cyo kuwutanga hatangwa utari wo, hanyuma biza kumenyakana mu gihe barangije gushyingura, habayeho gufatanya n’ubuyobozi bw’Akarere gukurikirana icyo kibazo uko cyagenze dusanga hari abakozi bagize uburangare.”

Written by M.Ben

Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza twandikire. I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Shaddyboo yagiye mu ruhame atumiza ikinyobwa cy’abarokore kugirango ajijishe kandi abenshi bamumenyereyeho ko anywa ibitwaro biremereye

Uwase Muyango yasubije abifuza ko we n’umugabo we batandukana abibira n’ibanga rituma urukundo rwabo rukomera