in

I Kigali, umusore abyuka atyaza umuhoro aho yirirwa uwuzengurukana ashaka gutema abafungishije umuvandimwe we, bose akabamara

Abaturage batuye mu mudugudu wa Mugeyo akagari ka Mbandazi mu murenge wa Rusororo akarere ka Gasabo, Bahangayikishijwe n’umuryango uri guhigwa bukware n’umugabo witwa Munyemana.

Amakuru BTN yahawe na bamwe muri aba baturage, avuga ko uyu mugabo abyuka atyaza umuho noneho akagenda yigamba avuga ko azica abantu bo mu muryango wamuhemukiye ukagira uruhare mu rupfu rw’umuvandimwe wari ufunzwe.

Umubyeyi witwa Mushimankuyu uvuka mu muryango uyu mugabo, Munyemana akomeje guhiga bukware, yatangarije BTN ko hashize igihe kinini ahigwa nawe kandi ko ahora amusezeranya ko isaha n’isaha azamukuraho agatwe.

Umunyamakuru yagerageje kugera mu gace uyu mugabo akunda kugendanamo uyu muhoro bivugwa ko azicisha abantu ngo amubaze niba ibyo ashinjwa ari ukuri ntibyamukundira kuko abaturage bamubwiye ko najya kumureba ahita amwica.

Ati” Abyuka atyaza umuhoro avuga ko azica umuntu.

Umunyamabanga w’Umurenge wa Rusororo, Rwabukumba Mado abazwa kuri iki kibazo, yatangaje ko batari bakizi cyane ko we ari mushya muri uyu murenge ariko asaba ko bamuha amakuru neza agafatanya n’izindi nzego bakagishakira umuti.

Written by M.Ben

Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza twandikire. I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Umwana w’imyaka 12 ubwo yavugaga akarengane yakorewe ko gukurwa ku rutonde rw’abana batoranyijwe kujya mu irerero rya Bayern Munich mu Rwanda yarize bigera aho n’umunyamakuru bari kumwe muri sitidiyo nawe ararira – VIDEWO

Umwanzi agucira akobo Imana igucira icyanzu! Amakuru meza kuri wa Mwana w’imfubyi wambuwe amahirwe yo kujya mu kademi ya Buyen Munich