in

I Kigali, Biravugwa ko umugabo wari wambaye impuzankano y’abacungagereza yakubise urushyi umusore wari uvuye kurangura ibyo kunywa wamwinye inzira [videwo]

I Kigali, Biravugwa ko umugabo wari wambaye impuzankano y’abacungagereza yakubise urushyi umusore wari uvuye kurangura ibyo kunywa wamwinye inzira.

Nk’uko bigaragara ku rubuga rwa X yahoze yitwa Twitter, amashusho yerekana umugabo wambaye impuzankano y’abacungagereza ari kuva ahari umusore wari ufite amakese y’inzoga.

Uwitwa Brune Kirezi wasohoye ayo mashusho avuga ko uyu mugabo yakubise urushyi uyu musore.

Impamvu yo gukubita uyu musore ni uko yari ari mu nzira yari agiye gucishamo imodoka.

Uyu mwari watangaje ibi, yakomeje avuga ko ibi bidakwiye.

Nubwo uyu mukobwa avuga ibi, mu mashusho yasohoye nta hantu bigaragara uyu mugabo akubita uyu musore.

Ababonye ibyo ntibari kwemera ibyo uyu mukobwa yatangaje kuko ngo nta kimenyetso kibyerekana amakubita ntiyagakwiriye kuza avuga ibyo, aho babigereranyije nko gusebanya.

Kirezi we, avuga ko kuba atafashe ayo mashusho bitakuyeho ko yamukubise ko kandi na we ari kwicuza kuba atarayafashe.

Nta rwego na rumwe rwari rwagiri icyo ruvuga kuri ayo mashusho, turacyari kugerageza kuvugana n’inzego bireba. Andi makuru murayamenyeshwa mu nkuru zacu zitaha.

[videwo]

Written by GUTER

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it. Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza wamvugisha 👉🏿+250736426442

Subscribe
Notify of
guest
2 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments
Karara
Karara
7 months ago

Kirezi we, ntiwari gufotora ibyo utabonye n’Ubugome bukuzuye uzihane pe.

Karara
Karara
7 months ago

Cg se uru mwana muto ntuzi ingaruka zo gukinira kubuzima bw’umuntu. Imana ikubabarire.

Noah na Olivia nibo baza ku mwanya wa Mbere! Urutonde rw’amazina 50 y’abakobwa na 50 y’abahungu agezweho muri 2023

Irazindukira ku muryango! MeteoRwanda yatangaje iteganyagihe ryo kuri uyu wa 10/10