Imyidagaduro
Dore abahanzi nyarwanda bamaze guca agahigo kuri Youtube

Nyuma yo kunengwa kutagira imiyoboro (channels) ya Youtube yabo bwite, bamwe na bamwe ubu barayifite; indirimbo nticyishimira kuzibona ku miyoboro y’abandi gusa.
Usibye gukwirakwira kw’indirimbo, iyo umuhanzi kanaka afite channel ye indirimbo ze byorohera abazishaka kuzibona, kurusha uko wasanga zitatanye kuri channels z’abandi.
Kugira channel ya Youtube ku muhanzi binamufasha kwinjiza amafaranga kuko Youtube yishyura abantu bafite channels zikora cyane. Iyo umuhanzi ahaye indirimbo undi muntu hishyurwa nyiri channel.
Twagerageje kureba indirimbo zagiye zirebwa n’abantu benshi kuri Youtube. Ziganjemo iz’abahanzi bakorera umuziki mu mahanga nka Meddy na The Ben.
Aha turazigaragaza tutitaye ku gihe zagiriye kuri Youtube, ahubwo twitaye gusa ku kuba zimaze gusurwa n’abahanzi basaga miliyoni, ikindi gifatwa nk’ikidasanzwe kuko indirimbo z’abanyarwanda zimaze kurebwa n’abantu benshi gutyo ari nke cyane, ugereranyije n’iz’abahanzi bo mu mahanga.
Meddy ni we muhanzi uyoboye abandi mu Rwanda mu kugira indirimbo zarebwa na benshi kuri Youtube.
Amashusho y’indirimbo Nasara ya Meddy, yageze ku rubuga rwa Youtube kuri shene ya PressOne ku itariki ya 28 Ugushyingo 2013, kuva icyo gihe imaze kurebwa n’abasaga miliyoni imwe n’ihumbi magana atatu.
Amashusho y’indirimbo Burinde bucya na yo ya Meddy aza ku mwanya wa kabiri mu yamaze guca agahigo kuri uru rubuga.
Iyi ndirimbo yageze ku rubuga rwa Youtube ku itariki ya 6 Mutarama 2015, ikaba imaze kurebwa n’abasaga miliyoni imwe n’ihumbi magana abiri.
Indirimbo y’umuhanzi The Ben ni iyo iza ku mwanya wa Gatatu mu ndirimbo zarebwe cyane ku rubuga rwa Youtube. Iyi ndirimbo yageze kuri uru rubuga tariki ya 27 Ukwakira 2012.
Kuva yagera kuri Youtube imaze kurebwa n’abarenga miliyoni imwe n’ibihumbi ijana.
Indirimbo yitwa Nka paradizo yaririmbwe n’abahanzi b’Abanyarwanda babarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ari bo Meddy ndetse na Priscillah.
Iyi ndirimbo kuva tariki ya 6 Gicurasi 2015, imaze kurebwa n’abarenga kuri miliyoni imwe n’ibihumbi ijana (1,114,445).
5. Ntacyo Nzaba
Indirimbo yitwa Ndacyo nzaba ni iya Meddy afatanyije na Adrien, aba bombi babarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Iyi ndirimbo iri mu zihimbaza Imana (gospel). Kuva yagera ku rubuga rwa Youtube tariki ya 5 Mata 2015 imaze kurerwa n’abasaga miliyoni imwe.
6. Si byo
Indirimbo Si byo n’iya Meddy afatanyije na Kitoko, yageze kuri Youtube tariki ya 26 Kamena 2015. Na yo imaze kurebwa n’abarenga miliyoni (1,033,587).
Indirimo Indoro yaririmbwe n’itsinda rya Charly na Nina rifatanyije na Big Farious wo mu Burundi.
Amashusho y’iyi ndirimbo yageze ku rubuga rwa Youtube tariki ya 30 Ugushyingo 2015, kugeza ubu amaze kurebwa n’abarenga miliyoni (1,051,216)
Aba bose, kugira ngo bagere kuri uru rwego byatewe n’uburyo indirimbo za bo zakunzwe ndetse n’uburyo bagiye bazishyira ku mbuga nkoranya mbaba nka Facebook, Instagaram na za WhatsApp.
Kuva uru rubuga rwa Youtube rwatangira mu 2005, amashusho y’indirimbo yitwaGangnam style ya PSY wo muri Koreya ni yo yarebwe n’abantu benshi.Yarebwe n’abarenga miliyari ebyiri.
Source : Izubarirashe
Comments
0 comments
-
Imyidagaduro20 hours ago
Urukundo ni rwogere: Fofo wo muri papa sava yuriye indege ajya gushyigikira ibikorwa by’umukunzi we
-
urukundo9 hours ago
Umusore yaryamye mu muhanda hagati abantu benshi barahurura maze ahita atungura umukunzi we amwambika impeta(AMAFOTO)
-
Utuntu n'utundi24 hours ago
Cyore:Umukwe n’umugeni bashatse kurwanira mu bukwe bakizwa na mbuga.
-
Ubuzima10 hours ago
Dore uko bigenda ku mubiri wawe iyo unyoye amazi mu gitondo ukibyuka .
-
Mu Rwanda23 hours ago
Maze imyaka 40 nta mugabo urantereta|Ninjye muntu mubi cyane ku isi||ukuguru kwanjye banze kuguca.
-
Mu Rwanda22 hours ago
Akumiro:Bamuroze kugira ibitsina bibiri nyuma yo kurya isake y’umukobwa||Ubuhamya bwa Miss Munyago w’i Nyamasheke.
-
urukundo22 hours ago
Abantu benshi bashimishijwe cyane n’ubukwe bw’umusore umaze imyaka 14 mu kagare k’abamugaye n’inkumi y’ikizungerezi.
-
Hanze19 hours ago
Wa muhanzikazi wamaze icyumweru kwa Diamond Platnumz yahaswe ibibazo| Ibyo guterwa inda na Diamond| Ukuri kose yagushyize hanze