in

Biratangaje! Umurwayi yagiye kwisuzumisha maze muganga asanga isazi nzima mu mara ye

Umusaza w’imyaka 63 ukomoka muri Leta zunze ubumwe z’Amerika, yagiye kwisuzumisha kanseri yo mu rura runini, maze abaganga bo ku bitaro bya ‘ Missouri hospital’ bamukorera ikizamini cya ‘colonoscopy’ gikorwa bafata camera bakayinjiza mu mara kugira ngo barebe niba hari ikintu kidasanzwe kiyarimo.

Ubwo barimo basuzuma uko urura runini rumeze ku musozo warwo, babonyeho isazi bigaragara ko ishobora kuba yararokotse aside yo mu gifu ntiyice, iri aho mu mubiri w’uwo musaza yiturije.

Bakomeje kwibaza uko iyo sazi yaba barinjiye mu nda, doreko n’uyu musaza yavuze ko yaje kwisuzumisha nta kintu yariye usibye amazi yari yanyoye nk’uko muganga yari yabimutegetse.

Uyu musaza yavuze ko ubwo yaherukaga kurya, yariye ibyo kurya bifunze kuko yabiguriye muri alimentation nawe akaba yibaza aho yahuriye n’isazi.

Written by Epaphrodite Nsengimana

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250736426472

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

RIB yatangaje ko Nyina wa Ishimwe wabujijwe amahirwe yo kujya mu kademi ya Buyern Munich yatawe muri yombi gusa byateje impaka

Yari agaragiwe nk’umwamikazi! Cecile Kayirebwa yakoze igitaramo ariza abantu benshi bitewe n’indirimbo nyinshi yaririmbye abantu bari baziko banyirazo batakiriho kandi ari ize ariko batabizi – Amashusho