in

Birababaje cyane:Uyu mukobwa mwiza utagira isura yabuze uwamuvura ku Isi.

Uyu mukobwa Khadija Khatoon, ufite imyaka 23, nta maso cyangwa amazuru afite kandi ariho mu buzima yamaze kwiyakira n’urukundo rw’agahebuzo akundwa n’umuryango we gusa yabuze uwamuvura .

Khadija, Kugeza ubu, ntarashobora kubagwa, nk’uko abaganga babivuze yaravuwe biratinga , abaganga b’inzobere batandukanye baramubaze bagerageza kumuvura biba iby’ubusa birananirana .Khadija yavukiye i Kolkata, mu Burasirazuba bw’Ubuhinde mu muryango ukennye.

Ababyeyi be Rashid Mulla w’imyaka 62 na Amina Bibi w’imyaka 52, babanje kutamenya,imiterere y’uburwayi bw’umukobwa wabo wahumuye amaso afite amezi abiri, Icyakora uyu mukobwa ukiri muto yeretse isi ko yumva atababajwe nuko yisanze ahubwo ko yamaze kwiyakira.

Kadija wari ufite ibibyimba bito bigenda bikura mu maso bikarangira bikuze cyane isura ye igahuma, umuryango we wagirwaga inama zo kumuvuza hakiri kare barabikerensa bagirango bizikiza, nyuma bagerageje kumuvuza birananirana.

Gusa amakuru avuga ko umuryango we wafashe icyemezo cyo gukomeza kwizigamira udufaranga kugeza igihe bazabasha kumuvuza agakira,gusa we avuga ko ntacyo bimubwiye.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Mu mafoto :Reba uko agace ka Kabiri ka #TdRwanda Kigali -Huye kagenze.

Umuhanzi ukomeye muri Nigeria wakanyujijeho n’umunyarwandakazi yakoze ubukwe.