in

Basanze bayagerereje! Abasore bize amayeri mashya yo kwiba bafatanywe miliyoni 4 bari bibye umukire wari wayarase mu modoka ye

Basanze bayagerereje! Abasore bize amayeri mashya yo kwiba bafatanywe miliyoni 4 bari bibye umukire wari wayarase mu modoka ye.

Abasore babiri bafatanywe miliyoni 4 Frw muri miliyoni 4,5Frw bakekwaho kwiba mu modoka y’uwari wayiparitse mu muhanda.

Ubu bujura bwabereye mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, bakayiba babanje kumena ikirahure cyayo.

Aba basore umwe afite imyaka 30 y’amavuko, bafashwe mu masaha y’umugoroba wo ku wa Mbere tariki 03 Nyakanga 2023 saa moya.

Bafashwe nyuma y’uko Polisi yari yahawe amakuru n’uwari wibwe, wavugaga ko abantu bataramenyekana bibye miliyoni 4,5 Frw bamennye ikirahure cy’imodoka ye yari yaparitse mu muhanda ubwo yari agiye guhemba abakozi bamwubakira inzu.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Emmanuel Habiyaremye yemeje amakuru yifatwa ry’abo basore.

Aba basore bahise bashyikirizwa Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Runda kugira ngo hakomeze iperereza ku cyaha cy’ubujura bakurikiranyweho, mu gihe amafaranga bafatanywe yasubijwe nyirayo.

Written by M.Ben

Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza twandikire. I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Ruhango: Umugabo yarwanye na mugenzi we abonye ko amunesheje yitabara akurura ubugabo bwe hafi yo kubukuraho ntazongere kwirwanaho (AMAFOTO)

Abasore 2 bibye akayabo k’amafaranga angana na miliyoni 4frw bari baziko bayatsindiye gusa ubwo bari bakiri ku yishimira bagwiriwe n’ijuru