in

Bamwise izina ry’umurwa mukuru w’u Bufaransa! The Ben na Uwicyeza Pamella bibarutse imfura yabo

The Ben na Uwicyeza Pamella bishimiye kwibaruka imfura yabo, umwana w’umukobwa wavukiye mu Mujyi wa Bruxelles mu Bubiligi mu ijoro ryo ku wa 18 Werurwe 2025. Uwicyeza Pamella yabyariye mu bitaro bya Edith Cavell nyuma yo kugerayo agiye kwipimisha, ariko abaganga basanga yenda kubyara bahita bamugumana kugeza abyaye neza.

Uyu mwana wavutse mu muryango w’aba bombi bamwise Mugisha Paris. Mu gitaramo The Ben aheruka gukorera i Bruxelles, yari yatangaje ko ategereje umwana w’umukobwa kandi yifuza kumuha izina rifitanye isano n’Ibihugu by’i Burayi, nk’ikimenyetso cy’igihango afitanye n’icyo gice cy’isi.

The Ben na Uwicyeza Pamella basezeranye imbere y’amategeko ku wa 31 Ukwakira 2022, nyuma y’uko The Ben yamwambitse impeta y’urukundo mu Ukwakira 2021. Nyuma y’ibi, ku wa 15 Ukuboza 2023, The Ben yasabye anakwa Uwicyeza Pamella, maze ubukwe bwabo bubaho ku wa 23 Ukuboza 2023, ibirori byabereye mu Rwanda.

Written by Epaphrodite Nsengimana

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250736426472

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Inkindi Aisha yambitswe impeta n’umuhanzi bamaze iminsi bari mu munyenga w’urukundo – AMAFOTO

Dore igitego cya Kaboy w’ikipe y’igihugu Amavubi y’abagore na Yanga Princess yatsinze Simba Queens cyatumye Aba-Tanzania bacika ururondogoro – VIDEWO