in

Amaze kuboreramo imbere! Umugabo arembejwe n’inkoni z’urufaya akubitwa n’umugore we yishakiye umurusha imbaraga n’ibigango

Amaze kuboreramo imbere! Umugabo arembejwe n’inkoni z’urufaya akubitwa n’umugore we yishakiye umurusha imbaraga n’ibigango.

Nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru The Talk umugabo wo mu gihugu cya Nigeria amaze kuboreramo imbere kubera inkoni akubitwa n’umugore bamaranye imyaka 5.

Uyu mugabo yakoresheje urukuta rwa Twitter rw’ibanga ni uko avuga ko umugore we amurusha imbaga bityo bigatuma amukubita uko yishakiye.

Akomeza avuga ko yagerageje kwaka gatanya ariko na we ntiyamenye ukuntu atayibonye.

Avuga ko kandi kugira ngo ashake uyu mugore byaturutse ku muryango we.

Ati :” Uyu mugore tumaranye imyaka itanu ariko ntabwo nishimiye urugo pe.Impamvu nkiri muri uru rugo ni imwe ni ababyeyi,umugore wanjye yikundisha ku babyeyi banjye ariko njye akarara ankubita. Ntewe isoni n’ibintu byinshi”.

Uyu mugabo yagiriye inama basore , abasaba kujya bigengesera bakamenya uwo bagiye gushakana nawe kugira ngo nyuma batajya bicuza.

Written by M.Ben

Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza twandikire. I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Nyuma yo kuvunira mu mavi za Rayon na Kiyovu zikaba zisigaye zicumbagira, APR FC igeze muri Tanzania ishaka gufatirana ikipe y’ubukombe igera no ku mukino wa nyuma w’imikino nyafurika

APR FC yirukanye umukinnyi ariko bishobora kuyikoraho ititonze