in

Amakuru yihutirwa kuri Ndimbati umaze iminsi mike avuye muri gereza

Nyuma y’iminsi mike Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati avuye muri gereza yagizwe umwere mu buryo bwa burundu.

Ndimbati yari akurikiranweho ibyaha birimo icyo guha inzoga umwana utarageza imyaka y’ubukure yarangiza akamusambanya.

Uyu mugabo yagizwe umwere ku buryo budasubirwaho nyuma y’uko iminsi 30 yo kujurira igenwa n’itegeko ishize ntawe ujuririye icyemezo cy’Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwari ruherutse kugira umwere uyu mugabo.

Ndimbati yari yarajuriye kuri iki kirego , ndetse kuri uyu wa 28 Ukwakira 2022 akaba aribwo yagizwe umwere mu buryo bwa burundu.

Me Bayisabe Irene wunganiraga Ndimbati mu buryo bw’amategeko, yagize ati “Saa sita z’ijoro zo kuri uyu wa 28 Ukwakira 2022 nibwo iminsi 30 yo kujurira igenwa n’itegeko yari irangiye. Yaba Ubushinjacyaha, Ndimbati cyangwa abaregeye indishyi ntawigeze ajuririra icyemezo cy’urukiko bivuze ko ubwo umukiriya wanjye ari umwere mu buryo budasubirwaho.”

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Miss Kayumba Darina arahangayitse bikomeye

Umuvugizi wa APR FC yongeye guteza urujijo nyuma y’amagambo akomeye yatangaje ku mutoza Adil uri mu bihano