Ahagana saa Moya n’Igice z’umugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 4 Ukwakira 2023, bisi itwara abagenzi ya Sosiyete ya KBS yakoze impanuka igeze ahazwi nka Péage mu Mujyi wa Kigali, ikomerekeramo abantu benshi.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yabwiye IGIHE ko iyi mpanuka yakomerekeyemo abantu ndetse bari kwitabwaho ariko umubare w’abo utaramenyekana.
Yagize ati ‘‘Bisi yabuze feri igenda igonga ikintu cyose cyari kiyiri imbere, kugeza aho umushoferi ayigereje mu mukoki igahagarara. Birumvikana ko hari abantu benshi bakomeretse kugeza ubu, ari abamotari bari bari imbere ye, ari abandi bari bari mu modoka imbere n’abagenzi.’’
Yakomeje ati ‘‘Urumva ko harimo n’abahungabanye kubera iyo mpamvu, ubutabazi bwakozwe mu kanya. Imbangukiragutabara zari zirimo zitwara abantu kwa muganga, ariko kugeza ubu nta raporo dufite y’umuntu wahasize ubuzima.’’