in

Amakuru mashya ku bijyanye no kwiyandikisha gukorera permis mu Rwanda

Mu cyumweru gishize nibwo twabagejejeho inkuru yamenyeshaga abanyeshuri bose bashaka kwiyandikisha gukorera permis mu Rwanda ko igihe cyo kwiyandikisha ari uguhera tariki ya 15-22 Nyakanga 2022 bakiyandikisha banyuze ku rubuga www.irembo.gov.rw.

Kuri ubu amakuru mashya ahari nuko Kwiyandikisha ku bakeneye gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga byarangiye.

Polisi y’U Rwanda yatanze aya makuru nyuma yuko umwe mu banyeshuri washatse kwiyandikisha akabona ubutumwa bumubwira ko nta myamya ihari maze akabaza impamvu irimo kubitera. Byabereye kuri Twitter.

Polisi y’U Rwanda yahise imusubiza mu magambo agira ati « Muraho, Kwiyandikisha ku bakeneye gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga BYARANGIYE, nibisubukurwa muzabimenyeshwa. Murakoze ».

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Junior Giti yahaye Ddumba impano ya pampex nyuma yo kumwita umutinganyi (Videwo)

Miss Nishimwe Naomi yatuwe resitora nshya y’umukunzi we (Amafoto)