in

Amafoto Neymar ari gusomana n’inkumi bagacishijeho nyuma bagatandukana

Umwe mu bakinnyi bakunze kuvugwa mu rukundo n’abakobwa benshi ni Neymar. Uyu mukinnyi yavutse tariki 5 z’ukwezi kwa 02 mu 1992 ubwo bivuze ko ejo bundi hashize ari bwo yizihizaga isabukuru y’amavuko n’imyaka 31 agize muri rusange.

Neymar ukinira Paris Saint-Germain n’ikipe y’igihugu ya Brazil ari kuvugwa mu rukundo n’umukobwa w’ikizungerezi bahoze bakundana ariko nyuma bakaza gutandukana.

Ku isabukuru ye, Neymar yagize ibihe byiza bitandukanye harimo kwifatanya n’abakinnyi bagenzi be bishimira uyu munsi, kwifurizwa isabukuru nziza y’amavuko ndetse n’ibindi.

Kumunsi w’ejo nibwo amafoto yagiye hanze Neymar ari gusomona n’umukobwa bahoze bakundana mu myaka yashize. Uyu mukobwa yitwa Bruna Biancardi.

Nk’uko The Sun ibitangaza, uyu mukobwa nawe yari ari mu kirori kizihiza isabukuru y’uyu mukinnyi ndetse bananditse ko bishoboka ko baba basubiye mu rukundo bitewe n’amafoto ndetse n’amagambo Bruna Biancardi yanditse kuri Instagram ye ikurikirwa n’abarenga miliyoni 2 yifuriza Neymar isabukuru nziza y’amavuko.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Umusore yakubiswe inshyi z’amatwi n’umukobwa bakundana imbere y’abantu ku rusengero (VIDEWO)

Abakinnyi batatu ba Rayon Sports bakomeje kurebana ay’ingwe n’umutoza Haringingo Francis mbere yo guhura na APR FC yiteguye kubanyagira