in

Abanyeshuri 28 ba Kaminuza y’igihugu bagiye muri ‘Sitaje’ i Paris mu Bufaransa banze kugaruka mu gihugu none ubuyobozi bwahise bubahima

Abanyeshuri bo muri kaminuza y’u Burundi mu gice cy’ubuganga bagera kuri 28 barimo bandika ibitabo mu byo kuminuza bita ‘spécialité’ bagiye mu Bufaransa mu cyumweru gishize mu bikorwa byo kwimenyereza umwuga ariko ntibaragaruka.

Umuyobozi wa Kaminuza y’u Burundi yavuze ko abo banyeshure nibatagaruka mu gihugu kugira ngo barangize ibikorwa byabo byo kwandika igitabo,batazahabwa impamyabushobozi zabo.

Biteganyijwe ko bazasomera ibitabo byabo muri kaminuza y’u Burundi nibava mu Bufaransa.

Mu kiganiro yahaye ikinyamakuru IKIRIHO, Audace Manirabona uyobora kaminuza y’uburundi,yavuze ko abo banyeshuri nibatagaruka nabo nta diplome bazabona.

Ati:”… Ndabizi neza ko bazagaruka , kubera impamyabushobozi zabo zizatangirwa mu Burundi. Utazatahuka ntazahabwa iyo mpamyabushobozi.”

Abaganga benshi mu Burundi bari guta akazi bajya gukorera mu bindi bihugu harimo Ubufaransa hamwe n’u Rwanda kubera ko ngo bahembwa umushahara w’intica ntikize.

Written by M.Ben

Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza twandikire. I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

I Kigali, Umukobwa w’imyaka 20 ukurikiranyweho guta umwana mu musarane yavuze ko yagiye kwiherera agashiduka umwana yari atwite aguyemo

Urumogi rwatumye Burna Boy adakorera arenga Miliyari 6