in

Abahanzi bakomeye batakigaragara mu bitaramo mu Rwanda

Mu gihe mu Rwanda, ibitaramo biba umunsi ku munsi ariko abanyarwanda bijujutira kubona abahanzi bamwe bisubiramo hakibazwa impamvu abategura ibitaramo badatera aka jisho ku bandi bakabura igisubizo.

Reka turebe bamwe mu bahanzi bakora imiziki cyane ariko ibitaramo bikaba iyanga, n’ubwo wenda baba bahenze bigatuma bitoroshye kubatumira.

Mr Kagame

Uyu muhanzi usibye no kuba akumbuwe ku rubyiniro bamwe ntibanamwibuka ari ku rubyiniro. Icyakora abantu benshi bemeza ko yaba ahenze mu gutumirwa n’ubwo iyi itakabaye impamvu.

Uyu muhanzi asanzwe afite indirimbo zikunzwe by’umwihariko kuva 2019 kugeza ubu.

Andy N’umuntu

Umuhanzi akaba n’umunyamakuru Andy Bumunt ugerageje gushaka igihe aherukira igitaramo byagusaba kwifashisha ishakiro rya Google n’ubwo nabyo bitakorohera cyane ko aheruka igitaramo kinini muri 2020 muri East African Party.

Usibye kuba uyu muhanzi atagaragara mu gitaramo na kimwe mu Rwanda, indirimbo zo akomeje kuzikora kandi zigakundwa. Uyu nawe ntibizwi impamvu adatumirwa.

King James

Ni umwe mu bamaze igihe kinini mu muziki nyarwanda ndetse ni umwe mu bafite igikundiro cyinshi. Usibye kuba King James ari mu bahanzi banini mu Rwanda, nawe ibitaramo akora ni mbarwa nyamara siko byahoze. Uyu muhanzi aheruka mu gitaramo cyari cyatumiwemo umunya Congo Koffi Olomide cyabaye 04 Ukuboza 2021.

Uncle Austin

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi, Uncle Austin nawe ni umwe mu bahanzi bamaze igihe kinini mu muziki nyarwanda ndetse wagwije ibigwi.

Uyu muhanzi icyo ahuriyeho nabandi bahanzi n’ubwo akora imiziki ku bwinshi ariko icyitwa ibitaramo byo byaramuretse n’ubwo hatazwi impamvu yatumye akurwaho amaboko.

Butera Knownless

Butera Knowless ufatwa nk’uyoboye abandi bahanzikazi mu Rwanda, icyitwa ibitaramo kimaze kumwibagirwa n’ubwo imiziki agikomeje kuyikora kandi igakundwa.

Uyu muhanzikazi aherutse kugaragara ku gitaramo muri 2020 mu gusoza umwaka.

Icyakora uyu muhanzikazi aherutse kwikura mu gitaramo cya “Choplife Kigali” nyuma y’uko abari bamutumiye bananiwe kumuha ibyo yamugombaga.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Umunyarwanda wari wateguye igitaramo cya Wiz Kid cyari kubera muri Ghana yahawe inkwenene kubera kugaragaza ubunyamwuga buke

Diamond Platnumz yanabisinyiye:byarangije kwemezwa ko uyu muhanzi azaba ari i Kigali, ese kwinjira bihagaze gute?