in ,

Umuhanzi Davido yahishuriye abafana be uko yataye ishuri akaza kurisubizwamo.

Umuhanzi wo muri Nigeria David Adedeji Adeleke wamamaye nka Davido yavuze ukuntu yasubiye mu ishuri kubera igitsure cya papa we ubwo yaganiraga n’abakunzi n’abafana be mu kiganiro baheruka kugirana.

Ni ikiganiro cyabaye imbona nkubone ku rubuga rwa Instagram maze asobanura neza ko yagiye mu ishuri kugirango abashe kunyura se umubyara kuko atashakaga kubona umuhunguri atakomeje amashuri, Davido nawe yasobanuye ko yabyemeye kugirango nawe abashe gukarishya akazi ke ka buri munsi ko kuririmba.

Ubwo yakomezaga kugenda agurana ibitekerezo n’abari bamukurikiye yanakomeje ku banyamuziki batumye agira amatsiko yo gukurikirana umuziki ndetse bikaza no kurangira awugize umwuga ubu umutunze ukaba unamwinjiriza amafaranga menshi.

Davido yavuze ko abahanzi Don Jazzy na D’banj aribo bamuzamuriye amarangamutima yamwerekeje mu muziki, nubwo uyu muhanzi yaje guhagarika umuziki we kugirango akore ugushaka k’umubyeyi we..

Mu mwaka wa 2011 umuhanzi Davido nibwo yasubitse akazi k’umuziki maze akomereza amashuri ye muri kaminuza ya Babcock aho yigaga ibijyanye na muzika aho icyo gihe umubyeyi we wamusunikiye gukomeza kwiga ari nawe wamutangiye amafaranga y’ishuri.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

ShaddyBoo yagiriye inama Rayon Sport ku kibazo cy’ubukene imaranye iminsi

Menya impamvu kurya inyanya mbisi ari bibi kurusha izitetse.