Imyidagaduro
Umugisha kuri njye si abana, si umugabo… Aline Gahongayire

Umuhanzikazi mu ndirimbo zo guhimbaza Imana akaba n’umunyamidelikazi, Aline Gahongayire ashimangira ko amafaranga, abana cyangwa umugabo, atabibona nk’umugisha kuri we ahubwo akemeza ko umugisha ari ukugira Yesu Kristo mu buzima bwe
Mu butumwa burebure cyane yanditse ku rubuga rwa facebook, Aline Gahongayire yavuze uburyo nta cyarusha agaciro kugira Yesu, ndetse ko ari we mugisha usumba iyindi yose, naho amafaranga, umugabo n’abana byo bikaba atari umugisha. Yagize ati: “Niyo mpamvu umugisha kuri njye, si amafaranga, si akazi, si abana, si umugabo yewe si ibyo mbonesha amaso, kuko ibyo byose bijya bishiraho. Umugisha kuri njye ni ukugira Yesu Christo akambera Umwami akaganza muri njye.”
Mu gushaka kumenya uko Gahima Gabriel, umugabo wa Aline Gahongayire abyumva, ikinyamakuru Ukwezi
Gahima Gabriel ati: “Ntabwo ibyo umbaza ari njye wabyanditse kandi sinumva ko ari ngombwa ko ngira icyo mbivugaho, ariko nk’undi muntu wese wabisoma, kuri njye abana ni umugisha, umugore cyangwa umugabo ni umugisha, utagiye no kuri ibyo no kuba umuhanga nabyo ni umugisha. Burya ibyo tuvuga n’ibyo twandika byerekana neza abo turi bo, they say ’Somethig you don’t know, you can’t have’(mu kinyarwanda bivuze ngo ’icyo utazi ntushobora kugitunga’)”.
Gahima Gabriel kandi avuga ko kugira Yesu muri wowe no kuvuga ko umufite kenshi ari ibintu bibiri bitandukanye, akavuga ko hari n’umugani w’icyongereza uvuga ngo amadebe arimo ubusa niyo asakuza cyane, bityo kuvuga ko ufite Yesu no kugira Yesu bikaba bihabanye. Ati: “Kugira Yesu muri wowe no kuvuga ko umufite kenshi ni ibintu bibiri bitandukanye, baravuga ngo “Empty vessels make most noise” (amadebe arimo ubusa niyo asakuza cyane)”
Source:Ukwezi
Comments
0 comments
-
Mu Rwanda24 hours ago
Abantu batunguwe cyane n’amazi yo mu kiyaga cya Burera arimo kuzamuka mu kirere ntagaruke bakeka ko ari imperuka(AMAFOTO)
-
Mu Rwanda2 days ago
«Boss wanjye yambwiye ko ndi MUBI ntakwiriye kugaragara mu mashusho» -Agahinda k’umunyamakuru ukomeye mu Rwanda.
-
urukundo10 hours ago
Uyu mukobwa yahaye isomo rikomeye umukunzi we yari yasuye akanga kumuha itike imusubiza iwabo|menya ibyakurikiyeho.
-
Imyidagaduro10 hours ago
Umugabo wa Bahavu Jannet yamukoreye igikorwa kiramubabaza araturika ararira (amashusho)
-
Izindi nkuru19 hours ago
Ubugabo burenga 7000 bwafatiwe mu Bushinwa buvanwe muri Afurika.
-
Utuntu n'utundi1 day ago
Urukwavu rwa mbere ku isi mu bunini rwibwe|hashyirwaho akayabo ku muntu uzarugarura.
-
#KWIBUKA272 days ago
Se yahambwe ari muzima – Ubuhamya bukomeye bwa Uwizeyimana Josiane
-
Izindi nkuru21 hours ago
Umupadiri yasezeye ku murimo w’ubusaseredoti kubera urukundo yakunze umukobwa wari umwe mu bakirisitu yari yararagijwe
Ntago waba utarigeze umwana ngo umenye umugisha uba mu rubyaro, icyo ni kimwe.
Ntago wagira umugabo ari icyitiriro gusa ngo uzumve umugisha bizana, icyo ni icya kabiri.
Yesu we ubwe yarivugiye ati “Abahora bamvuga bati mwami mwami sibo banzi neza, sinzi ahantu byanditse mu ivanjiri. Bavandimwe nshuti rero uyu muntu aratubeshya ni ukuri.
yewe nta misengere ye ubwo se urugo rutakubereye umugisha nabana ikindi cyaza kubera umugisha ni nkigiki ?
Ntamugisha wambere ubaho nko kugira umuryango (ndavuga abana n,umugabo)by,akarusho mukaba mukorera Imana….Ibyorero Aline uvuga ndumva bihabanye cyane n,imyizerere y,umugenzi ujya mwijuru ….Uwiteka atabarire hafi !!!!