in

P Fla yikomye The Ben, Meddy na Bruce Melodie abashinja kwiyibagiza aba bazamuye

P Fla, umwe mu baraperi bakomeye hano mu Rwanda yanenze bikomeye uburyo abastar bakomeye muri iki gihe byumwihariko The Ben, Meddy na Bruce Melodie, bamamaye bakibagirwa uburyo babafashije bakiri bato bataramenyekana.

Mu kiganiro yagiranye na Yambi Tv, umuraperi P Fla yatangaje ko yishimira urwego ba Meddy bamaze kugeraho ndetse ko ari umufana wabo gusa ko bakwiye kujya bibuka ubuafasha bahawe n’abaraperi igihe bo bari bakizamuka bityo nabo bakaba basubiza amaso inyuma bakagira uko babigenza.

 

P Fla akaba yasobanuye uburyo The Ben na Meddy bagiye bafashwa n’abaraperi mu myaka ya 2008-2009 aho bagiye babashyira mu ndirimbo zitandukanye zirimo nk’Umunsi w’Imperuka remix, Impfubyi, Ibaruwa kuri Mama ndetse nizindi, ariko bo ngo muri iki gihe abakora R&B aribo bari kuri HIT bakaba barabiciyeho.

P Fla akaba yakomeje asobanura ko abahanzi bakomeye muri iyi minsi babiciye ku buryo ngo no kuba bahurira muri studio cyangwa se ahandi hantu bitagishoboka ngo kuko usanga baba bafite Bodyguard zitagira ingano zituma abandi batabegera.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Reba igisubizo Miss Nishimwe Naomie yahaye umusore wifuje kuryamana nawe

Mu mafoto:Reba umushushanyi udasanzwe ukomeje gutungura benshi ku isi.