in

Miss Vanessa Uwase yibasiwe bikomeye azira amagambo yavuze kuri Video ya Sunny

Miss Vanessa ni umwe mu banyarwandakazi bamenyereweho kutaripfana, iyo abonye ikintu kidasanzwe muri showbiz nyarwanda akunze kugira icyo akivugaho, ndetse iki ni kimwe mu bituma agira bafana benshi, akaba rero ari no muri urwo rwego yafashe iyambere mu kigura icyo avuga kuri video ya sunny yiyakuramo imyenda.

Miss Vanessa Uwase akaba yanditse ku ifoto ya Sunny kuri Instagram amagambo agira ati “You’re the craziest and boldest friend I’ve ever had. You’re an adult and a mother, so you know what you’re doing and nobody knows what you’ve gone throw and how far you’ve come from. Your happiness should be your own priority. ❤️” muri make akaba yashatse kubwira Sunny ko akuze bihagije kuburyo azi ibyo akora ndetse ko adakwiye kwita ku magambo y’abantu kuko azi aho yavuye ndetse akwiye kwita ku munezero we kuruta kunezeza abandi.

Aya magambo rero akaba atanyuze bamwe mubafana ba Vanessa ndetse na Sunny kuri Instagram kuko bakomeje kugenda bamushinja kuba umuntu mubi ndetse n’indyarya, ngo aho kugira inama mucuti we Sunny ari kumworeka.

 

Written by

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Liverpool ishaka umukinnyi ukomeye wa PSG ikamusimbuza Sadio Mane.

Akamaro ko kunywa amata avanze n’ubuki.