in

Messi yavuze amagambo kuri Yatumye yongera kwiyumva cyane

Uyu rutahizamu w’umunya Argentina w’umunyabigwi cyane yavuze ko Mbappe ari umukinnyi mwiza ndetse w’igitangaza kandi mu myaka iri imbere azaba ari mu beza kurusha abandi ku isi.

Mu minsi ishize, Mbappe yatumye benshi bamwibazaha ubwo yari mu ikipe y’igihugu y’Ubufaransa avuga ko aba “afite ubwisanzure bwinshi mu ikipe y’igihugu,kurusha muri PSG”.

Messi yabwiye TUDN ati: “Kylian ni umukinnyi utandukanye.Ni inyamaswa, arakomeye cyane iyo asigaranye n’umukinnyi umwe,yishakira umwanya kandi arihuta cyane.

“Ashobora gutsinda ibitego byinshi, ni umukinnyi wuzuye kandi abigaragaje imyaka myinshi.

Mu myaka mike iri imbere azaba ari mu beza cyane, ntawashidikanya kuri byo.”

Intangiriro nziza za PSG muri shampiyona zari zikomwe mu nkokora n’amakuru avuga ko Mbappe na mugenzi we w’icyamamare Neymar batameranye neza ndetse banatongana mu kibuga rimwe na rimwe.

Written by Geovanis

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it : +250 781 375 290

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Amafoto: Umwana w’ibyumweru bibiri wari wibwe yagaruwe

Nyanza: Umugabo bamwiciye ku icupa mu kabari