Melissa ni izina rihabwa umwana w’umukobwa, rifite inkomoko mu Kigereki aho risobanura ngo ubuki.
Izina Melissa ryatangiye gukoreshwa cyane mu kinyejana cya 18 mu bihugu bivuga Icyongereza.
Bimwe mu biranga ba Melissa
Ni umuntu ushabutse, uzi kwihangana ku buryo uko ibibazo byaba biri kose ahagarara kigabo agashaka ibisubizo.
Ntabwo apafa gucika intege,ni wa muntu uhora abona ibintu mu buryo bwiza .Azi gusabana no gusetsa usanga aho ari abantu batabasha guceceka kuko azi kuganira
Azi (…)
Melissa ni izina rihabwa umwana w’umukobwa, rifite inkomoko mu Kigereki aho risobanura ngo ubuki.
Izina Melissa ryatangiye gukoreshwa cyane mu kinyejana cya 18 mu bihugu bivuga Icyongereza.
Bimwe mu biranga ba Melissa
Ni umuntu ushabutse, uzi kwihangana ku buryo uko ibibazo byaba biri kose ahagarara kigabo agashaka ibisubizo.
Ntabwo apafa gucika intege,ni wa muntu uhora abona ibintu mu buryo bwiza .Azi gusabana no gusetsa usanga aho ari abantu batabasha guceceka kuko azi kuganira
Azi gukora, n’iyo akiri muto imyanzuro afata ndetse n’ibikorwa bye biba bitandukanye n’abandi bo mu kigero cye.
Melissa ni wa muntu ukora ibintu byinshi ku buryo usanga yiyemeza no gukora ibyo adashoboye kubera ukuntu aba yifitiye icyizere.
Umuryango we n’inshuti abaha agaciro, aba yumva yakundwa, nibyo bimuha umutekano.
Icyo yiyemeje gukora aragikora ntabwo yakwemerera ikintu ngo ugombe kumwibutsa cyangwa kuzamwishyuza.