Imyidagaduro
Itsinda rya ‘The Brothers’ rishobora gusubirana

Izina “The Brothersâ€, ryibutsa benshi indirimbo nka ‘Byabihe’, ‘Nyemerera’, ‘Yambi’, ‘Sawa sawa’ n’izindi. Hashize igihe kinini iri tsinda ritandukanye, gusa ubu bishoboka ko iri tsinda ryasubirana.

Ziggy 55 yavuze ko itsinda rya The Brothers rishobora kongera gutungurana mu minsi ya vuba
Fikiri Nshimiyimana (Zigg 55), Victory Fidele Gatsinzi (Vicky) na Daniel Semivumbi (Danny Vumbi) nibo bahanzi bari bagize iryo tsinda.
Nyuma baza gutana kubera impamvu zitandukanye,  byagiye bivugwa ko bashobora kuba barapfuye ko hari bamwe bitangaga cyane abandi ibikorwa by’itsinda ntibabishyiremo imbaraga.
Ziggy yabwiye City Radio ko ibyo byose byagiye bivugwa byari ibihuha byatangwaga n’abatarifuzaga ko iryo tsinda rikomera. Ko ahubwo hari indirimbo zirimo gukorwa zishobbora kujya hanze vuba.
Ati “The Brothers ntabwo twigeze dutana nkuko byavuzwe. Ahubwo twagize inshingano zitandukanye zatumye buri umwe asa naho ahuze cyane ntitwongera gukora indirimbo turi kumwe. Ariko mu minsi mike abantu bashobora gutungurwaâ€.
The Brothers yatangiye kuririmba mu mwaka wa 2004 icyo gihe itangizwa na Danny Vumbi na Vicky. Ziggy aza kwinjiramo mu mwaka wa 2006.
Kugira ngo iri tsinda rivuke, umuhanzi Vicky yahuriye na Danny Vumbi muri KIE yumva aririmba neza biyemeza gutangirana urugendo rw’ubuhanzi.
Iri tsinda ryatwaye igihembo cya Never Again muri 2004, PAM Awards 2006, Salax Awards 2008, Ijoro ry’Urukundo Awards 2009 na East African Music Awards 2011.
Bahagaritse gukorana nk’itsinda bafitanye indirimbo zisaga 29 zikubiye kuri Album ‘Impinduka’ basohoye mu mwaka wa 2010 yari iriho indirimbo 10 zahimbwe kuva mu mwaka wa 2004 kugeza 2009.
Mu mwaka wa 2011, uretse kuba baratwaye East African Music Awards, The Brothers bakoranye indirimbo na Prince Kid yitwa ‘Nsubiza’ ndetse banakorana n’umuhanzi Franky Joe yitwa ‘Nyabuneka’.
Kanda hano wumve indirimbo nshya ya Ziggy 55 yise A L’aiseÂ
Source:Umuseke
Comments
0 comments
-
Hanze19 hours ago
Wa musore ufite ubumuga bw’ubugufi bukabije ukundana n’umukobwa w’ibiro 100 ari mu mazi abira.
-
Mu Rwanda11 hours ago
Tidjara yahishuye uko abigenza iyo abonye inkumi zije gusura umuhungu we mu rugo.
-
inyigisho19 hours ago
Ngibi ibintu bibi cyane ukwiriye kwirinda gukora mu gitondo ukibyuka|byakugiraho ingaruka utitonze.
-
Utuntu n'utundi13 hours ago
Nta muntu utazatwika: Umukecuru w’imyaka 92 akomeje gutwika imbugankoranyambaga bitewe n’amafoto akomeje gushyira hanze.
-
Utuntu n'utundi19 hours ago
Mu mafoto:Irebere ubwiza bw’ikiraro gikozwe mu birahuri|benshi cyabateye ubwoba.
-
Imyidagaduro19 hours ago
Miss Ingabire Grace yavuze impamvu atakigaragara ku mbuga nkoranyambaga
-
Hanze12 hours ago
Umuraperi AKA yashyinguye umukunzi we witabye Imana nyuma yo kumwambika impeta
-
Mu Rwanda15 hours ago
Wa musore Pattel mwakunze ararize|yerekanye umukunzi we baterana imitoma.