inyigisho
Inkomoko y’amapantaro acikaguritse azwi nka “Déchiréâ€

Amapantaro y’amakoboyi acikaguritse azwi nka “Déchiré†yambarwa n’abantu batandukanye mu Rwanda, nyamara abenshi batanazi inkomoko yayo n’impamvu aba acikaguritse.
Urubyiruko n’ibyamamare bitandukanye mu Rwanda n’ahandi ku isi, ni bo baharaye kwambara ayo mapantaro usanga acitse ku mavi, ku bibero, ku mirundi n’ahandi. Aza mu mabara atandukanye arimo ubururu, umukara n’umweru.
Umuririmbyi w’Umunyarwanda, Christopher, agira ati “Bigezweho kwambara imyenda icitse kandi burya ndi uw’ubu! Utabyumva nyine yaba ari uko atari uw’ubu…ntabwo nzi ahantu byavuye ariko ntabwo bisa nabi! Bisa neza ku buryo nanjye byanteye kwifuza kubyambara.â€
Ubusanzwe ayo mapantaro acikaguritse yatangiye kugaragara mu myaka ya 1970. Icyo gihe amakoboyi yambarwaga n’abantu bakora imirimo y’ingufu, mu bihugu nka Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Kubera kuyambara kenshi n’ubukene bwo kubura amafaranga yo kugura ayandi, byatumaga ba nyirayo bakomeza kuyambara kugeza igihe abacikiyeho.
Ibitangazamakuru nka GQ na Vogue byanditse ko muri iyo myaka, muri Amerika, imyambaro yatangaga ubutumwa bitewe n’uyambaye. Ni iyo mpamvu ngo hari abifashishije kwambara amapantaro acitse bagaragaza ibyiyumviro byabo kuri politiki n’iyobokama.
Hagaragaye amatsinda y’abantu cyane cyane ay’urubyiruko yambaraga amakoboyi aciye ku mavi n’ahandi. Ni bo ubwabo ngo bayiciraga, bigumura ku matwara yari ari mu gihugu icyo gihe.
Muri iyo myaka kandi, ngo abaririmbyi b’ibyamamare mu njyana yari igezweho yitwa Rock and Roll na bo batangiye kwambara “Déchiréâ€.
Kubera uburyo ibyo byamamara byari bikunzwe, ngo abakora ibijyanye n’imideli n’imyambarire ni bwo batangiye gukora amapantalo y’amakoboyi acikaguritse kuko babonaga akunzwe.
Uko imyaka yashiraga ni na ko ayo mapantalo yakwirakwiraga henshi. Ibyamamare ndetse n’urubyiruko rutangira kuyagura ku isoko, abenshi mu bayambara bashaka kwigana ibyamamare bakunda.
Amakoboyi ya “Déchiré†yakomeje kwigarurira imitima ya benshi ku buryo ngo nko mu myaka ya 2010, yafashwe nk’ikimenyetso cyo kwambara neza. Maze inganda zikomeza kuyakora, asakara henshi ku isi.
Comments
0 comments
-
Imyidagaduro19 hours ago
Urukundo ni rwogere: Fofo wo muri papa sava yuriye indege ajya gushyigikira ibikorwa by’umukunzi we
-
Utuntu n'utundi23 hours ago
Cyore:Umukwe n’umugeni bashatse kurwanira mu bukwe bakizwa na mbuga.
-
urukundo8 hours ago
Umusore yaryamye mu muhanda hagati abantu benshi barahurura maze ahita atungura umukunzi we amwambika impeta(AMAFOTO)
-
Ubuzima9 hours ago
Dore uko bigenda ku mubiri wawe iyo unyoye amazi mu gitondo ukibyuka .
-
Mu Rwanda22 hours ago
Maze imyaka 40 nta mugabo urantereta|Ninjye muntu mubi cyane ku isi||ukuguru kwanjye banze kuguca.
-
Mu Rwanda21 hours ago
Akumiro:Bamuroze kugira ibitsina bibiri nyuma yo kurya isake y’umukobwa||Ubuhamya bwa Miss Munyago w’i Nyamasheke.
-
urukundo21 hours ago
Abantu benshi bashimishijwe cyane n’ubukwe bw’umusore umaze imyaka 14 mu kagare k’abamugaye n’inkumi y’ikizungerezi.
-
Hanze18 hours ago
Wa muhanzikazi wamaze icyumweru kwa Diamond Platnumz yahaswe ibibazo| Ibyo guterwa inda na Diamond| Ukuri kose yagushyize hanze
Pingback: Dore uko Oda Paccy yambaye umwambaro ugaragaza ikibero akabishimirwa | YEGOB|Entertainment News