in

Al-Nassr ya Cristiano Ronaldo igiye gukina na PSG ya Lionel Messi!?

Birashoboka cyane ko uyu waba ariwo mukino wanyuma iz’ihene 2 zishobora guhuriramo hakamenyekana igisekurume n’inyagazi ,ni umukino ushobora guhuza Al-Nassr Fc irikubarizwamo Cristiano Ronaldo na PSG ya Lionel Messi.

Muri Nzeri 2021 ,nibwo PSG yagombaga kugirana umukino wa gicuti n’abakinnyi b’ibyamamare mu ikipe ya Al Hilal na Al-Nassr irikubarizwamo Cristiano Ronaldo kuri ubu ,icyakora ibi ntibyakunda bitewe n’ibibazo by’icyorezo cyari kibasiye isi.

Nyuma yaho bahinduye igihe bavuga ko uyu mukino waba muri Mutarama 2022 ,icyakora nabwo ntibyakunda ku mpamvu zitandukanye ,zirimo no kuba yaba uruhande rwa PSG n’uruhande rureberera shampiyona ya Riyadh bataruhuje ku matariki umukino wari bubere.

Ikinyamakuru Sports Manor dukesha iy’inkuru kikaba cyavuze ko bitewe nizo mpamvu zose zagiye zibaho zigasubika iy’imikino ,ukongeraho no kuba kabuhariwe Cristiano Ronaldo usanzwe ahanganye na Lionel Messi mu isi ya ruhago ari kubarizwa muri Al-Nassr kuri ubu ,ntagihindutse uyu mukino waba muri uku kwezi.

Sports Manor ivuga ko nta tangazo ryanyuma riremeza uyu mukino cyangwa ngo hagire andi makuru ajyanye nawo ajya hanze gusa ko bishoboka cyane ko uyu mukino wahita usubukurwa muri uku kwezi ,akaba ari nawo wanyuma Cristiano na Messi bashobora guhuriramo.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Isoni ni zose ku babyeyi bo mu Rwanda bumva abana babo bavuga amazina y’ibitsina mu cyongereza

Dore uburanga bw’inkumi yatumye umukinnyi w’Amavubi atabona inshundura akibonera ikibero