in

Akumiro: Umuhungu wa Grace Mugabe ufatwa nk’umuherwe muri Zimbabwe yatawe muri yombi azira ubujura.

Russell Goreraza umuhungu wa Grace Mugabe, utari uwa Robert Mugabe(wahoze ari perezida wa Zimbabwe)yatawe muri yombi azira kwiba ibikoresho by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro. Russell akaba umuhungu wa Grace kuva yashyingiranwa bwa mbere na Stanley Goreraza.

Ku wa mbere Tariki 12 Mata yitabye umucamanza wa Concession Moreblessing Makati hamwe na bagenzi be 3 bavugwa ko ari ibyitso bye barimo Paul Sithole w’imyaka 45 y’amavuko, Aaron Muchenje na Trymore Madzitire.

Byavuzwe ko Goreraza na bagenzi be bibye mu ruganda rwa Tian Bao Mineral Industry rukora ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu isambu ya Smithfield i Mazowe ifitwe n’umuryango wa Mugabe nk’uko ikinyamakuru Harare kibitangaza.

Nk’uko babitegetswe, ngo abo bagabo batatu bageze aho bacukuraga amabuye kare mu gitondo maze batangira gusahura ibikoresho bimwe bapakira mu ikamyo. Inyandiko y’urukiko yasomwe ivuga ko ushinjwa yapakiye icyuma cya zahabu, urusyo rw’umupira, moteri y’amashanyarazi, imipira y’icyuma 200, imipira 50, pompe 20, hamwe n’ibyuma 15 bihenze.

Uyu musore avugwaho gukunda abakobwa.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Uyu ni we mugabo wa mbere ku isi wahomye miliyari 20 z’amadolari mu minsi ibiri gusa|Menya uko byagenze.

Inkuru ibabaje:Umusore mwiza yitabye Imana mu buryo butunguranye|apfuye yendaga gukora isabukuru.