in

Agahinda mu mutima w’umuhanzi Babo kubwo kwita umutinganyi

Yakoze indirimbo nyinshi ariko yamenyekanye cyane mu ndirimbo yakoranye na Urban Boys yitwa ‘Ich Liebe dich.

Ni umukobwa kandi wakuze akina umupira w’amaguru dore ko yanyuze no mu makipe azwi nka ‘Bayern Munich’ y’abakobwa mu kiciro cy’abangavu.

Ubu amaze ibyumweru bibiri mu Rwanda aho yaje mu bikorwa bya muzika n’ikiruhuko cy’ishuri.

Hari benshi bakunze kuvuga ko ari umutinganyi (lesibienne), uyu muhanzi ubu uri mu Rwanda asanga ari ngombwa ko anyomoza ibi bivugwa.

Avuga ko bimubabaza cyane kubona abantu bavuga ibintu nta gihamya yabyo.

Ati “ Kuvuga ngo nkundana n’abakobwa ubivuze wese birambabaza kuko aba ari ibinyoma, ntibazi niba mfite umuhungu dukundana …Kubera nambara nk’abahungu ntabwo bivuze ko ntari umukobwa.!?

Ntabwo bazi ubuzima bwanjye ntibakansebye,  bajye bavuga umuntu bazi kuko nanjye ntawe njya mvuga ntamuzi ibyo ntabwo ari imico myiza rwose”.

Arakomeza ati “Dore mbibatangarize babyumve rwose. Njyewe mfite umuhungu dukundana mu Budage.

Written by YEGOB HIT

Subscribe
Notify of
guest
1 Comment
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments
King kunta
5 years ago

yeah so cul web

wakanda summer pool party irongeye iragarutse ku nshuro yayo ya kabiri aho yateguwemo udushya dutandukanye

Umulisa Divine umunyamideli wambariye kwegukana ikamba rya Miss Elegancy  2018