in

Abantu baguye mu kantu babonye umupasiteri wabigishaga kwiyambaza Imana ikabarinda afite imbunda mu nzu ye.

Abantu batunguwe no kubona umukozi w’Imana wahoraga abashishikariza kwiringira Imana ikabarindira umutekano, we afite imbunda mu nzu ye,bituma bamwibazaho cyane.

Amafoto yagiye hanze yerekanye mu nzu y’uyu mwigisha harimo imbunda nini ndetse abantu benshi bagwa mu kantu ndetse benshi baramwiha karahava. Pasiteri Ajagurajah wo muri Ghana yibasiwe bikomeye ndetse asabwa gutanga ibisobanuro niba koko ari umuntu w’Imana cyangwa se niba nawe ku manywa yigisha Bibiliya mu ijoro akajya kwiba cyangwa kurugamba nk’abandi.

Abandi nabo ntibatinye kuvuga ko uyu atari pasteri nk’uko benshi bamuzi ahubwo ari umuntu wihisha muruhu rwa Bibiliya nyamara ari umuntu mubi ndetse ushobora kuba akora indi mirimo ishobora kuba itemewe.

Umwe yagize ati: “nshaka kukubaza ikibazo kimwe rukumbi, ese uri pasiteri nkuko ujya ubyigisha uri umuntu w’Imana? Cyangwa uri umuntu wihishe mu ijambo ry’Imana ukajya gutanga amavuta y’umugisha nyamara kurundi ruhande uri umunyentambara?”

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Umukobwa yihimuye ku mushoferi wamuciyeho mu modoka ashaka kumutera ibyondo (video)

Anita Pendo yagize icyo avuga ku kabaruwa kuzuyemo imitoma y’urukundo yandikiwe n’umufana we